RSSB yatangiye neza imikino ya BAL 2026 itsinda Al Ahly i Pretoria

Ikipe ya RSSB Tigers ihagarariye u Rwanda mu mikino ya kamarampaka ya Kalahari Conference mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) 2026, yatangiye yitwara neza itsinda Al Ahly Ly yo muri Libya amanota 103 kuri 95.

Uyu mukino wabereye muri Sunbet Arena I Pretoria muri Afurika yepfo, Aho RSSB TIGERS yagaragaje ko yaje yiteguye guhatana kandi ikagera kure muri iyi mikino ya BAL 2026.

Abakinnyi nka Leonard Randall na Teafale Leonard Jr ni bo bagize uruhare rukomeye muri iyi ntsinzi aho batsinze amanota 64 mu manota 103 yatsinzwe n’ikipe yabo.

RSSB Tigers yatsinze Al Ahly LY yari isanzwe ifite izina rinini muri iri rushanwa dore ko yaherukaga kugera ku mukino wa nyuma wa BAL 2024, Mugihe RSSB Tigers yo ari kunshuro ya mbere yari yitabiriye iri rushanwa rya Basketball aho yitabiriye isimbuye ikipe ya APR Basketball Club yafatiwe ibihano dore ko ariyo yagombaha guhagararira URwanda muri iyi mikino.

Iyi mikino ya kalahari conference nka rimwe mu matsinda agize BAL , yitabiriwe n’amakipe 6 Aho kuba 4 yari asanzwe yitabira. Biteganyijwe ko amakipe 4 yambere azitwara neza muri iyi mikino ariyo azabona itike yo gukina imikino ya nyuma ya BAL izabera I Kigali mu Rwanda.

RSSB Tigers izasubira mu kibuga k’umunsi wo kucyumweru naho Al Ahly LY yo iragaruka mu kibuga kuri uyu wa gatandatu ikina na cCube Athletico Petroleos de Luanda.

Biteganyijwe ko amakipe 4 azava muri Kalahari Conference azahura n’andi 4 azava muri Sahara Conference mu mikino ya nyuma izabera I Kigali muri BK Arena kuva tariki ya 22 kugeza ku ya 31 Gicurasi 2026.

Mu mikino ya nyuma, amakipe azahura hashingiwe ku buryo yitwaye, Aho ikipe ya 1 izahura n’ikipe ya 8, iya 2 igahura n’iya 7, iya 3 igahura n’iya 6 naho iya 4 igahura n’iya 5.

Iyi ntsinzi ya RSSB Tigers kandi, iratanga ikizere ku abakunzi b’umukino wa basketball mu Rwanda ko iyi kipe ishobora kugera kure muri iyi mikino ya BAL yitabiriye kunshuro ya mbere.

MUCYO Thierry/TheKaminuzaStar