Igitego cya Arda Guler cyanditse amateka muri La Liga

Umukinnyi w’umunya-Turkey Arda Guler, ukinira Real Madrid, yaraye atsinze igitego kidasanzwe mu mukino wahuje Real Madrid na Elche CF, kinjira mu mateka ya shampiyona ya Espagne (LaLiga) nk’igitego gitsindiwe kure y’izamu.

Iki gitego cyatsindiwe ku ntera ya metero 68 uvuye ku izamu rya Elche, aho umunyezamu Matias Dituro yari yasohotse cyane yegeye imbere Arda ateye umupira umutanga kugera mu izamu.

Kuri ubu Arda Guler asangiye aka gahigo na Antonio Jose nawe watsinze igitego nk’iki ku ntera ya metero 68 muri 2004, ubwo yakiniraga Numancia agitsinda Sevilla.

Iki gitego kandi cyabaye icya mbere mu mateka ya Real Madrid gitsindiwe kure gitambutse ku cyaherukaga gutsindwa mu myaka 31 ishize cyari cyaratsinzwe na Mikel Lasa ku ntera ya metero 58 mu 1995.

Uretse aka gahigo kandi, Arda Guler yagiye aca n’utundi duhigo dutandukanye aho Ku italiki ya 18 Kamena 2024, yabaye umukinnyi ukiri muto utsinze ku mukino we wa mbere mu UEFA Champions League, afite imyaka 19 n’iminsi 114, akuraho gahigo ka Cristiano Ronaldo wari wabikoze afite imyaka 20.

Mu ikipe y’igihugu ya Turkey, naho Guler yabaye umukinnyi ukiri muto kurusha abandi utsinze igitego mu marushanwa akomeye mu 2023, afite imyaka 18 n’iminsi 114. Ku rwego rw’amakipe, yatsinze akiri muto muri Fenerbahce mu kwezi kwa 3 mu 2022 afite imyaka 17.

Kuva yagera muri Real Madrid, Arda Guler amaze gukina imikino irenga 100, atsindira ikipe ye ibitego 12 muri shampiyona ya Espagne (LaLiga), ni umukinnyi w’ingenzi kandi ikipe yubakiyeho ahazaza kuko ikimufite imyaka myinshi kandi akaba atanga ikizere.

Igitego cya Arda Guler cyaciye agahigo nk’igitego gitsindiwe kure mu mateka ya La Liga
Arda Guler niwe hazaza h’ikipe y’igihugu ya Turkey na Real Madrid

MUCYO Thierry/TheKaminuzaStar