Sudani y’Epfo: Abantu 122 biciwe mu gitero cyagabwe mu gace ka Ruweng

Abantu 122 biciwe mu gitero cyagabwe ku Cyumweru, tariki ya 1 Werurwe 2026, mu mujyi wa Abiemnhom, uherereye mu gace ka Ruweng muri Sudan y’Epfo nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Itangazamakuru y’icyo gihugu.

Minisitiri w’Itangazamakuru, James Monyliak Mijok, yavuze ko igitero cyakozwe n’urubyiruko rwaturutse mu gace ka Mayom County mu Ntara ya Unity, aho barwanye n’abaturage mu gihe kirenga amasaha atatu. Mu bishwe harimo abasivili 82 barimo abana, abagore n’abageze mu izabukuru, ndetse n’abayobozi b’akarere n’abasirikare ba Leta.

Abantu 50 bakomeretse, mu gihe imibiri y’abishwe yashyinguwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere.

Iki gitero kibaye mu gihe umutekano muri Sudan y’Epfo ukomeje kuzamba, bitewe n’amakimbirane ya politiki ashobora guhungabanya amasezerano y’amahoro yasinywe mu 2018 hagati ya Perezida Salva Kiir na mugenzi we Riek Machar, yari agamije guhagarika intambara yahitanye abantu barenga 400,000.

Umuryango w’Abaganga batagira umupaka, uzwi ku izina rya Médecins Sans Frontières (MSF), uherutse gutangaza ko abakozi bawo 26 baburiwe irengero nyuma y’ubwiyongere bw’imirwano mu Ntara ya Jonglei mu byumweru bishize.

Ku wa Gatanu ushize, Komiseri Mukuru wa Loni ushinzwe uburenganzira bwa muntu, Volker Turk, yagaragaje impungenge ku mutekano ugenda urushaho kuba mubi, anasaba ko hafatwa ingamba mu maguru mashya kugira ngo igihugu kitazasubira mu ntambara y’abenegihugu.

Abasirikare b’Umuryango w’Abibumbye bashinzwe kubungabunga amahoro bahagaze hafi y’ikiraro cy’indege (airstrip) i Akobo, muri Sudani y’Epfo. source; Aljazeera

UWIMPUHWE Isingizwe Olivier /The Kaminuza Star