Tottenham igiye kwakira Arsenal mu mukino w’ishiraniro

Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza iragaruka muri iyi weekend hakinwa umunsi wa 27, nyuma y’ikiruhuko cyatewe n’imikino ya FA Cup. Mu mikino iteganyijwe, derby y’i Londres ihuza Tottenham na Arsenal niyo ifite uburemere kurusha indi.

Uyu mukino uteganijwe kuba kuri iki cyumweru taliki 22 Gashyantare 2026, ukazabera kuri Tottenham Hotspur Stadium, aho ikipe ya Tottenham izaba iyobowe n’umutoza mushya Igor Tudor uheruka guhabwa inshingano zo gutoza iyi kipe.

Ku ruhande rwa Arsenal, iyi derby ije mu gihe iyi kipe iri kurwanira igikombe na Manchester City, aho gutsinda byayifasha kongera kugarura ikizere mu bakinnyi nyuma y’iminsi batakaza amanota.

Umukino uheruka guhuza aya makipe, ikipe ya Arsenal yanyagiye Tottenham Hotspur ibitego 4-1 mu mukino Eberechi Eze yandikiyemo amateka atsindamo ibitego bitatu wenyine(hatrick), umukino w’Umunsi wa 12 wa Shampiyona y’u Bwongereza wabereye kuri Emirates Stadium tariki ya 23 Ugushyingo 2025.

Mu mikino 5 iheruka guhuza aya makipe yombi muri Premier League, Tottenham ntizi gutsinda Arsenal uko bimera kuko Arsenal yatsinzemo 4 banganya 1.

Ikipe ya Arsenal ifite ubwugarizi buhamye bwa William Saliba na Gabriel Magalhaes, bituma n’umuzamu David Raya amaze kugira clean sheets 13 muri shampiyona.

Mu mateka ya Premier League, derby y’i Londres ihuza Tottenham Hotspur na Arsenal imaze gutsindirwamo ibitego birenga 200 kuva mu 1992 itangiye gukinwa.

Gutsinda uyu mukino ku ruhande rwa Tottenham byayifasha kuzamuka ku rutonde rwa Shampiyona bikayongerera amahirwe yo kwinjira mu myanya itanga amahirwe yo gukina amarushanwa y’i Burayi, mu gihe gutsindwa kwa Arsenal byo bishobora gutuma ihita itakaza umwanya wa mbere mu gihe Manchester City bihanganye yaba yitwaye neza igatsinda imikino yayo.

Indi mikino iteganyijwe ku munsi wa 27

Ku wa Gatandatu:

Chelsea izakira Burnley kuri Stamford Bridge.

Aston Villa izahura na Leeds United.

Manchester City yakire Newcastle United kuri Etihad Stadium.

Ku Cyumweru:

Liverpool izasura Nottingham Forest.

Crystal Palace izakira Wolverhampton Wanderers.

Ku wa Mbere:

Manchester United izasoza umunsi wa 27 isura Everton.

Ku rundi ruhande, James Milner wa Brighton ategerejweho guca agahigo ko gukina imikino myinshi muri Premier League, aho azuzuza umukino wa 654 mu mateka ye mu mukino iyi kipe izasuramo Brentford.

NIYOMWUNGERI Obed/TheKaminuzaStar