Ikipe ya Rayon Sports y’Abagore ikomeje kwiyubaka yitegura irushanwa rya CECAFA yo gushaka itike yo kuzakina imikino Nyafurika ya CAF Women’s Champions League, yongeyemo Umunya-Tanzania, Mpanja Housna Ayoub, wakiniraga Geita Queens.
Uyu rutahizamu w’imyaka 18 ni umwe mu batsinze ibitego byinshi muri Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri muri Tanzania, afasha ikipe ye kubona itike yo gukina icya mbere.
Mpanje aje yiyongera ku bandi bakinnyi umunani iyi kipe imaze kwibikaho muri iyi mpeshyi: Umutoni Raissa, Niyigena Fiona, Uwihirwe Josiane, Lukia Namubiru, Mukagatete Emelyne, Uwase Douja, Eyanga Guema Odette ndetse na Ihirwe Regine bakuye muri APR WFC.
Mu rwego kwo kurushaho kwitegura neza, Rayon Sports yakinnye umukino wa gicuti n’Abangavu b’ikipe y’Igihugu y’abatarengeje imyaka 20 iri kwitegura imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi bazakinamo na Nigeria.
Uyu mukino wabaye kuri uyu wa Gatatu, kuri Kigali Pelé Stadium, waragiye Amavubi atsinze igitego 1-0, cyatsinzwe na Abimana Laurence wa APR FC.

Ni umukino wa kabiri aya makipe yombi akinnye. Uwabaye tariki 6 Kanama wasize Rayon Sports itsinze ibitego 2-0.
Imikino ya CECAFA izabera muri Kenya kuva ku wa 4 kugeza ku wa 16 Nzeri 2025.
Rayon Sports ihagarariye u Rwanda, iri mu itsinda B hamwe na CBE FC yo muri Ethiopia ndetse na Top Girls Academy FC yo mu Burundi.
TWAGIRUMUKIZA Janvier / The Kaminuza Star


