RIB yataye muri yombi uwari Meya wa Nyanza

Ntazinda Erasme wari Maya w'Akarere ka Nyanza yatawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwataye muri yombi Ntazinda Erasme wari Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza nyuma y’uko yegujwe.

‎Ku munsi w’ejo ku wa Kabiri tariki 15 Mata 2025, ni bwo Inama Njyanama y’Akarere ka Nyanza yemeje ko Ntazinda Erasme yirukanwe ku mwanya w’Umuyobozi w’Akarere, imushinja kudakora inshingano ze uko bikwiye.

‎Nk’uko byatangajwe n’Akarere, umwanzuro wo guhagarika Meya Ntazinda ushingiye ku ngingo ya 11 y’itegeko No 065/2021 ryo ku wa 09/10/2021 rigenga imiyoborere y’uturere mu Rwanda.

‎Nyuma y’ibi, kuri uyu wa Gatatu Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yatangaje ko Ntazinda Erasme yatawe muri yombi.

‎Aganira na Igihe yagize ati “Ni byo koko Ntazinda Erasme arafunzwe bishingiye ku iperereza riri kumukorwaho. Nta byinshi twavuga kugeza ubu, kwirinda ko byabangamira iperereza.”

‎Ntazinda yari amaze imyaka isaga icyenda ayobora Akarere ka Nyanza. Yatorewe bwa mbere kuyobora aka karere mu 2016, aza kongera kugirirwa icyizere mu matora yo mu 2021.

Ntazinda Erasme wari Maya w’Akarere ka Nyanza yatawe muri yombi

NIYONYUNGU Aloys / The Kaminuza Star